Skip to main content Skip to page footer
Urubuga rwemewe rwa Leta y’u Rwanda

URUBYIRUKO RWA GSMARI MERCI  KIBEHO RWASABWE KUBA UMUSEMBURO W’UBUMWE NO KUNYOMOZA ABAPFOBYA JENOSIDE

 Ku wa kane tariki ya 07 Gicurasi 2026, abanyeshuri, abarimu, n’ababyeyi barerera muri GS Mari Merci  Kibeho bifatanyije n’ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. 

Umushyitsi mukuru muri uyu muhango, Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Dr. Murwanashyaka Emmanuel, yagejeje ubutumwa bukomeye ku bitabiriye bose, ashimangira ko urubyiruko ari rwo mbaraga n’amizero igihugu cyiringiye mu kubaka u Rwanda ruzira amacakubiri.

 Umuyobozi w’Akarere  yasabye abanyeshuri kurushaho gushimangira amatsinda y’ubumwe n’ubudaheranwa mu kigo. Yagaragaje ko aya matsinda ari yo shuri ryo gusobanukirwa amateka nyayo y’igihugu no kubaka imitekerereze ikomeye itajegajega.

Yakomeje asaba abanyeshuri  kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside n’abapfobya amateka bakoresheje imbuga nkoranyambaga kuba maso, kunyomoza amakuru y’ibinyoma, no kwamaganira kure umuntu wese ubiba urwango n'amacakubiri.

Iki  gikorwa cyo kwibuka cyitabiriwe kandi  n’Igisonga cya Musenyeri wa Diyosezi Gatolika ya  Gikongo, Perezida wa Ibuka ku rwego rw’Akarere, Abari abanyeshuri ba GS MM Kibeho barokotse Jenoside n’imiryango y’abanyeshri   bigaga muri iri shuri bazize Jenoside yakorewe Abatutsi.