URUBYIRUKO RUFITE IMPANO RWIBUKIJWE KO UBUTO ARI IGIHSHORO GIKOME MU GUTEGURA AHAZAZA
Urubyiruko rufite impano zitandukanye rwitabiriye umwiherero rwasabwe kubyaza umusaruro impano rufite mu rwego rwo gutegura neza ahazaza habo n'ah'igihugu.
Ibi byagarutsweho kuwa 20/12/2025 ubwo Umuyobozi w'Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry'ubukungu Bwana Gashema Janvier ari kumwe n'Umuyobozi wa Polisi mu Karere Sp Francis Rutayisire,Uhagarariye Umuyobozi w'Ingabo, Intumwa za Minisiteri ya Siporo,Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Cyahinda yasuye abakinnyi batarengeje imyaka 15 bari mu mwiherero muri TTC St Jean Baptiste i Cyahinda.
Amakipe yo mu Karere ka Nyaruguru ari mu mwiherero ni Volleyball,football ball,Basketball, Athletism.Abakinnyi bishimiye ubunenyi,imyitozo n'ibiganiro kuri burere mboneragihugu n'indangagaciro nyarwanda. Mu butumwa Umuyobozi w'Akarere Wungirije yahaye aba. Bakinnyi yabasabye gushyira imbaraga mu mikino, gukora cyane bakiri bato no kubyaza umusaruro impano no gushyira mu bikorwa icyo umutoza w'Ikirenga.