TWAHIRWA Fabien YATOREWE KUYOBORA IHURIRO RY'ABAFATANYABIKORWA MURI NYARUGURU
Twahirwa Fabien umukozi wa Sustainable Growers, Umuryango mvamahanga ukorana na Koperative Nyampinga ihinga ikawa ikunzwe cyane mu Rwanda no mu mahanga, niwe watorewe kuyobora Ihuriro ry'Abafatanyabikorwa mu iterambere ( JADF Indashyikirwa ) akaba yari aanzwe ariyobora by'agateganyo nyuma aho yari yarasimbuye Pst Kabalisa Anicet wagiye mu zindi nshingano.
Aya matotra yakozwe kuri uyu wa 09/10/2025 mu cyumba cy'inama cya Centre d'Accueil Regina Pacis aho yitabiriwe n'abafatabyabikorwa mu iterambere ry'Akarere, Komite Nyobozi y'Akarere ,Abajyanama mun nama njyanamam y'Akarere, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b'imirenge, n'abakozi bakorera ku rwego rw'Akarere haganirwa kuri gahunda y'ibikorwa bya 2025/2026, imihigo y'Akarere n'amatora y'abagize JADF Indashyikirwa. Ku bijyanye n'amatora.
hatowe:
a. Perezida Fabien TWAHIRWA
b. Visi Perezida Bwana Gashema Janvier
c. Umwanditsi Madame Niragire M Claire
d. Umubitsi Madame Akure Carine