Skip to main content Skip to page footer
Urubuga rwemewe rwa Leta y’u Rwanda

ICYO GUHUZA IMIRENGE SACCO YOSE YO MURI NYARUGURU BIZAMARIRA ABATURAGE

Muri gahunda  yo guhuza Imirenge SACCO 14 yo mu Karere ka Nyaruguru bizafasha abanyamuryango bazo kubona no gusaba serivisi z'imari hifashishijwe ikoranabuhanga aho bari hose mu gihugu  bityo bibafashe kwihuta mu iterambere.

Ibi  ni bibyagarutsweho kuwa 06/10/2025 mu  nama  y'umunsi umwe yahuje  Umuyobozi w'Akarere Ushinzwe iterambere ry'Ubukungu Bwana Gashema Janvier, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akarere  Bwana Makuza Theogene,Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y'Imari n'igenamigambi, Abakozi  ba Banki Nkuru y'u Rwanda ,Ikigo cy'Igihugu gishinzwe amakoperative, Abakozi bashinzwe guteza imbere umurimo n'ishoramari ku rweho rw'Akarere n'imirenge.

GUverinoma y’u Rwanda yatangije gahunda yo guhuza Imirenge SACCO kugira ngo zikorere ku rwego rw’igihugu nk’banki imwe ikorera mu nzego z’ibanze, yiswe “Unified SACCO”. Iyi gahunda igamije kunoza imitangire ya serivisi, kongera umutekano w’amafaranga y’abanyamuryango, no guteza imbere imikorere igezweho hifashishijwe ikoranabuhanga.

Abanyamuryango bazabona serivisi zihuse kandi zigezweho , Abanyamuryango bazajya babasha gukoresha serivisi z’imari aho bari hose mu gihugu, batagombye gusubira ku murenge wabo, binyuze mu ikoranabuhanga rihuriweho.

Kubijyanye Umutekano w’amafaranga  .kubera ko ibikorwa byose bizaba bigenzurwa mu buryo buhamye, bizatuma amafaranga y’abanyamuryango acungwa kandi  bifashe abacuruzi bato n’abaciriritse kubona serivisi z’imari hafi, no kugera ku masoko mashya, bityo binjize amafaranga menshi.