HIZIHIJWE ISABUKURU YA 44 Y'AMABONEKERWA YA KIBEHO
Uyu munsi kuwa 28/11/2025 ku butaka Butagatifu bwa Kibeho hizihirijwe Isabukuru y'Amabonekerwa ya Bikiramariya yabereye I Kibeho. Ni igikorwa cyitabiriwe n'abakoze ingendo nyobokamana barurutse mu bihugu 11 by'Afueika,Ibihugu 5 by'Uburayi,Aziya no ku mugabqne wa Amerika.Igitambo cya Misa cyatuwe na Nyiricyubahiro Achibishop wa Archidiocese ya Kigali Antoine Cardinal Kambanda ari kumwe n'abashumba ba Diocèse Gatolika zo mu Rwanda n'abapadiri baturutse hirwa no hino mu Rwanda no mu mahanga.
Uyu munsi wahuriranye kandi no kwizihiza Imyaka 5 Antoine Cardinal Kambanda amaze ahawe na Papa ububasha bwo kuba Cardinal wa mbere mu Rwanda. Mu butumwa bwatanzwe bwibanze ku gukangurira abakristu kuba uumuri no kurwanya ikibi, gushyira uruhare rwa Kiliziya mu kubaka umuryango no gusaba urubyiruko gukomeza kuba intangarugero.