BASABWE GUKOMEZA KWIMAKAZA GAHUNDA YA NDI UMUNYARWANDA MU MASHURI
Umuyobozi w'Akarere ka Nyaruguru Dr. Murwanshyaka yasabye abayobozi b'ibigo by'amashuri gukomeza gushyira imbaraga mu kwimakaza gahunda ya Ndi Umunyarwanda no kwigisha indangagaciro na kirazira biranga umuco nyarwanda hagamijwe kwimakaz ubumwe n'ubugaheranwa.
Ibi byagarutsweho kuwa 28/10/2025 mu nama yatangiwemo ikiganiro cya Ndi Umunyarwanda cyatanzwe nas Pst Kabalisa Anicet cyakanguriraga abayobozi b'Amshuri kwimakaza ubumwe n'ubudaheranwa mu mashuri
Atangiza ibiganiro bya Ndi Umunyarwanda biri guhabwa abayobozi b'ibigo by'amashuri,Umuyobozi w'Akarere Dr. Murwanashyaka Emmanuel yagize ati :"Ibiganza byanduye bitanga umwanda ariko ibiganza byiza bitanga ibitunganye.Tugomba gutungana mu mitekerereze,imikorere n'inshingano."
Umuyobozi w'Akarere yakomeje asaba abayobozi b'ibigo by'amashuri kwimakaza indangagaciro na kirazira by'umuco nyarwanda, kurerera u Rwanda ruzira ivangura, kugaragaza ibikibangamiye ubunyarwanda no guharanira kubaka imibereho mishya y'abari mu mashuri
Mu kiganiro Pst kabalisa yatanze w yasabye abayobozi b'ibigo by'amashuri kuba abaswa mu kibi no kuba abahanga mu kwimakaza icyiza batera ikirenge mu cy'inkotanyi zabohoye u Rwanda, kugira ubwenge bwo kudodora ibidahwitse, kwitoza ubwenge bwo kuvuga ibyo babona ariko bifite inyungu rusange, kubaka ibiteye ubwuzu no kungurana ibitekerezo ku karubanda, gutoxza abanyeshuri gukemura ibibazo mu buryo budahutaza no kwimakaza umuco w'amahoro n'ubworoherane.
Ndi umunyarwanda ni ishingiro ry'uburezi bubereye u Rwanda aRi nabwo buvumbitse none n'ejo.
Mu karere ka Nyaruguru hari ibigo by'amashuri 120 bikorerwamo n'abarimu 3505 bita ku abanyeshuri 109,651 baje bahagarariye .