Skip to main content Skip to page footer
Urubuga rwemewe rwa Leta y’u Rwanda

ABATURAGE BARASABWA GUTERA IBITI KU BWINSHI NO KUBIBUNGABUNGA

Ubwo yifatanyaga n'abaturage b'imirenge ya Mata na Kibeho mu muganda  wo gutera ibizi ku mugezi wa Nyiramurongi  ukikije   imirima y'icyayi, Yasabye  abaturage gukomeza  gutera ibiti no kubibungabunga   mu rwego  rwo  guhangana  n'imihindagurikire y'ikirere.

Ibi Guverineri w'Intara y'Amajyepfo  yabigarutseho kuwa 25/10/2025   ari kumwe na Komite Nyobozi y'Akarere , inzego z'umutekano   ku rwego  rw'Intara n'Akarere ubwo yifatanyaga  n'abataturage mu  muganda usoza ukwezi k'ukakira2025 ahatewe ibiti 5,500, Imigano 1,500; Alinusi 4,000 ku mpande zombi z'umugezi wa Nyiramurongi  ku burebure bwa km 9.3 mu rwego rwo gukumira isuri mu mirima y'icyayi ikikije uyu mugezi.

Guberineri yakanguriye abaturage gukomeza gutera ibiti ahantu hose ari ngombwa  kuko ibiti n i ubukungu, imirimbo kanbdi bifasha mu  kubungabunga  ibidukikije.

Muri uyu mwaka Akarere ka Nyaruguru kazatera ibiti bivangwa n'imyaka 1,497,967( zaterwamo amoko atandukanye yiganjemo: Grevillea, Alnus, Markhamia, ...),biti by'imbuto ziribwa 79,815( harimo Avoka, ibinyomoro, indimu n'ibyufe,....) hazasazurwa amashyamba ku buso bungana na ha 69.