ABASHORAMARI BASABWE KUBYAZA UMUSARURO AMAHIRWE ABEREYE ISHORAMARI AGARAGAGARA MU KARERE KA NYARUGURU
Ubwo yatangizaga inama y'ishoramari mu Karere ka Nyaruguru, Minisitiri muri Minisiteri y'Ibikorwa by'ubutabazi Maj.General (Rtd)Albert Musasira yasabye abashoramari kubyaza umusaruro amahirwe abereye ishoramari agaragara mu karere ka Nyaruguru.
Ibi byavuzwe kuwa 11/12/2025 Mu cyumba cy'inama cya Hotel Regina Pacis I Kibeho, aho kubufatanye bw'Akarere ka Nyaruguru na Rwanda Development Board hakozwe inama yahuje ubuyobozi n'abashoramari batandukanye.
Ni inama yatangijwe ku Mugaragaro na Minisiteri muri MINEMA Major General(Ttd) Albert Murasira akaba n'Imboni ya Guvernoma mu Karere ka Nyaruguru. Iyi nama yitabiriwe kandi na Guverineri w'Intara y'Amajyepfo Madamu Kayitesi Alice, Umuyobozi muri RDB Ushinzwe Ishoramari Madamu Michelle Umurungi, Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru Dr Emmanuel Murwanashyaka, Umuyobozi w'Imirimo rusange mu kigo cy'uhutaka n'Inzego z'Umutekano.
Muri iyi nama, Akarere ka Nyaruguru kagaragaje amahirwe abereye ishoramari arimo ubukerarugendo Nyobokamana, Ubuhinzi bw'icyayi, amateka n'umuco, ubutubuzi bw'imbuto y'ibirayi, ingufu z’amashanyarazi, uburezi, ubuzima,...naho Rwanda Development Board yagaraje icyo ifasha abashaka gushora imari kugirango imishinga yabo ishyirwe mu bikorwa.
Minisitiri Murasira yabwiye abashoramari ko badakwiye gushidikanya gushora imari mu karere ka Nyaruguru kubera ko hari henshi bashora imari hari mo ubuhinzi, ubukerarugendo, n'ibindi.
Mu butumwa bwatanzwe abashoramari basabwe gushora imari ndetse Leta ibemera ko yiteguye kubafasha kugira ngo bashore imari mu bikorwa bigamije iterambere ry'ubukungu n'imibereho myiza y'abaturage. Akarere kubufatanye n'Inzego bireba, kemereye abashoramari ko kitegute kubafasha kubona ubutaka buryo bworohereza.
Umuyobiozi w'Akarere ka Nyaruguru Dr Murwanashyaka Emmnauel yagize ati' Hano hari amahirwe ashingiye ku bukerarugendo bw’iyobokamana aho Nyaruguru ikeneye ibikorwa remezo bihagije byo kwakira abagana Kibeho baje mu masengesho, hari ahantu nyaburanga harimo imirima n’imisozi bihinzeho ibyayi, ishyamba rya kimeza rya Nyungwe, Ibice bya Nyaruguru by’amateka yihariye, ubuhinzi bwa Kawa, Ubuhinzi bw’ibirayi, ubworozi, amavuriro, amashuri, ... ni byinshi byashorwamo Imari.'
Mu butumwa bwatanzwe abashoramari basabwe gushora imari ndetse ko Akarere ka nyaruguru n'Ikigo cy'Igihugu cy'iterambere biteguye kubafasha kugira ngo bashore imari mu bikorwa bigamije iterambere ry'ubukungu n'imibereho myiza y'abaturage. Akarere kubufatanye n'Inzego bireba, kemereye abashoramari ko kitegute kubafasha kubona ubutaka buryo bworohereza.