Skip to main content Skip to page footer
Urubuga rwemewe rwa Leta y’u Rwanda

ABAGEZE MUZABUKURU BIJEJEWE KO LETA IZAKOMEZA KWITA KU BAFITE AMIKORO MAKE

ubwo yifatanyaga n'abaturage mu kwizihiza umunsi mukuru w'abageze mu zabukuru, Umuyobozi w'Akarere Wungirije ushinzwe iterambere ry'ubukungu Bwana Gashema Janvier yijeje abageze mu zabukuru bo mu Karere ka Nyaruguru ko Leta izakmomeza kwita ku bafite amikoro make ariko anatanga umukoro ku bakiri  bato  wo gutegura neza amasaziro yabo.

Ibi yabitangaje kuwa 07/10/2025 mu  muhango wo kwizihiza  umunsi mukuru w'abageze muzabukuru ufite insanganamatsiko igira iti ‘Twite  ku bageze  mu za bukuru, dutegura ahazaza heza h’abakiri  bato, ni inkingi  y'iterambere rirambye' aho yari yifatanije n'abaturage b'Akagari ka Nkakwa mu murenge wa Nyagisozi