ABAGERA KU 45000 BAKOREYE URUGENDO NYOBOKAMANA KU BUTAKA BUTAGATIFU I KIBEHO
Abalegiyo bagera kubihumbi 45biganjemo abaturute muri Diyosezi Gatolika zo mu Rwanda no mu mahanga bakoreye urugendo nyobokamana ku Butaka Butagatifu i Kibeho aho mu gitambo cya Misa cyatuwe na Nyiricyubahiro musenyeri wa Diyosezi Gatolika ya Gikongoro anasaba abitabiriye uru rugendo gutahiriza umugozi umwe no kwimakaza ubwuzuzanye.
Uru rugendo nyobokamana rwakozwe kuwa Ku wa 19 Ukwakira 2025. Uru rugendo rwateguwe mu rwego rwo gushimira no kongera kwiyegurira Bikira Mariya wabonekeye abakobwa batatu b’Abanyarwandakazi mu mwaka wa 1981 ku bemera Gatolika.Muri uru rugendo aba bashyitsi bari baturutse imihanda yose baturiwe Igitambo cya Misa n'Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Gikongoro Mgr Hakiziamana Celestin aho yabasabye gukomeza gutahiriza umugozi umwe no kwimakaza ubwuzuzanye mu bagize umuryango.
Abitabiriye urugendo bavuze ko byabahaye amahoro mu mitima, kubabarira no gukomeza kubaho mu bumwe n’abandi. Uru rugendo rwaranzwe n’ibikorwa byo kwiyunga n’Imana, gufasha abatishoboye no gusabira igihugu kugira ngo gikomeze kuba mu mahoro.